Imvura n’umugisha ariko kuhira bikaba ubwishingizi

Uburyo bwo kuhira imyaka hakoreshejwe imirasire y'izuba hano ni mu murenge wa Rukumberi mu murima wa koperative ya Twigire Muhinzi

Mu gutangiza ku mugaragaro umushinga wo kuhira imyaka hakoreshejwe imirasire y’izuba mu turere dukunze kuragwa n’amapfa, abagize koperative Twigire Muhinzi  bo mu murenge wa Rukumberi akarere ka Ngoma bavuze ko umusaruro wikubye hafi inshuro 3.

Sibomana Anatole visi perezida wa koperative Twigire Muhinzi avuga ko kuhira imyaka hakoreshejwe imirasire y’izuba byongereye umusaruro kuko mbere bakoresha moteri nto ifite n’umupira muto bakagura na essence ntibarenze hegitari 3 mu kuhira imyaka . Ariko  ngo  aho batangiye kuhira imyaka bakoresheje imirasire y’izuba  buhira hegitari 10. Umusaruro ukaba warikubye inshuro 3.

Izi watermelon niza koperative Twigire Muhinzi, bahinga imbuto n’imboga harimo inyanya ,amashu, intoryi, urusenda n’ibinyomoro

Ambasaderi w’Amerika Peter Vrooman avuga ko imvura ari umugisha ariko kuhira imyaka bika ubwishingizi kandi bigafasha umuhinzi no guhinga mu gihe cy’impeshyi, akaba ashishikariza abahinzi gukora cyane bakoresha ubu buryo ndetse bakanakoresha amafumbire n’imbuto z’indobanure.

Bataha ku mugaragaro umushinga wo kuhira imyaha hakoreshejwe imirasire y’izuba, hagati nari umuyobozi wa Hinga Weze iburyo ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika , ibumoso hari Umuyobozi wa RAB

Dr Karangwa Patrick umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishizwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) avuga ko leta ifasha abahinzi mu gikorwa cyo kuhira imyaka ku kigero cya 50% y’ikiguzi batanga mu kugura ibikoresho byo kuhira  mu rwego rwa nkunganire. Ndetse ngo mu gihe cy’impeshyi aho abandi badahinga ufite imashini we akomeza guhinga bikamufasha kubona isoko rinini kuko ahandi biba byabaye bike.

Uyu mushinga wo kuhira imyaka watwaye amafaranga y’u Rwanda angana na miliyali imwe na miliyoni mirongo itatu n’eshanu (1.350.000.000) ni ukuvuga amadolari y’Amerika miliyoni imwe n’ibihumbi maganatanu (1.500.000).

Basura aho amazi ahurira n’imirasire y’izuba

Ukaba  waratangijwe n’Ikigo cy’Igihugu  cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Ikigo cya Leta Zunze z’Amerika cyita ku Iterambere Mpuzamahanga (USAID) binyujwijwe mu mushinga wa Hinga Weze. Imashini zatanzwe zizuhira ubutaka bungana na hegitari 300.

Hinga weze yihaye intego yo gufasha abahinzi basaga 530.000 mu turere 10 ikoreramo ibagezaho ibikorwa binyuranye nko kuhira imyaka, kubafasha kongera umusaruro, gufasha abahinzi n’aborozi guhangana n’ihindagurika ry’ikirere n’ibindi.

Hinga Weze ikaba ari umushinga watangijwe ku bufatanye n’Ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ku nkunga y’ Umuryango w’Abanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID) ukaba wibanda ku buhinzi no kunoza imirire.

Sangiza abandi iyi nkuru

1 thought on “Imvura n’umugisha ariko kuhira bikaba ubwishingizi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
11 × 6 =