Umugore wese utwite agomba kwipimisha inshuro 4

Minisitiri Diane Gashumba asubiza ibibazo by'abanyamakuru ku munsi w'ubukangurambaga bwiswe Baho Neza

Muri gahunda y’ubukangurambaga ku mibereho myiza y’umuryango yiswe Baho Neza, hitabwa ku buzima bw’ umwana n’umubyeyi  yatangirijwe mu murenge wa Karama, akarere ka Nyagatare, Minisiteri y’Ubuzima yasabye ababyeyi kwihutira  kwipisha igihe babuze imihango.

Diane Gashumba Minisitiri w’ Ubuzima avuga ko imibare y’ababyeyi bajya kwipimisha ikiri hasi kubera imyumvire mibi aho hari ababyeyi basama bagahisha inda bitwaza ko bayiroga igahirima, akaba asaba abakangurambaga b’ubuzima ndetse na buri umwe gushyira imbaraga ku kwipimisha kuko bigabanya inda zivamo ndetse umubyeyi agapimwa  amaraso, indwara y’umwijima, agakoko gatera SIDA no gukurikirana umugore akabyara umwana muzima. Umugore utwite  akaba agomba kwipimisha inshuro 4.

Iyi minisiteri ivuga ko igenda yegereza amavuriro abaturage bityo ikaba idashaka   kubona umubyeyi usama inda ikaba imvutsi atarajya kwa muganga. Iyo habonetse  ikibazo igihe cyarenze kugikurikirana biragoye cyangwa se ntibikunde.

Ushinzwe gahunda yo kuboneza urubyaro asobanurira  Minisitiri w’Ubuzima uko bakora

Naho kugira ngo umuryango ubeho neza ni uko ubyara wabishyize muri gahunda abo ushoboye kurera. Inatangaza ko ababyeyi benshi bapfa ari abapfa bava akenshi bitewe n’imbyaro nyinshi, ndetse kubyara indahekana bitera kubyara abana badashyitse.

Muri ino gahunda ya Baho Neza, Minisitiri asaba ababyeyi kwitabira gahunda y’ibigo mbonezamikurire, guhesha abana vitamine A ituma abana babona neza  ikabarinda uburwayi bw’ubuhumyi no kubahesha ibinini by’inzoka  bituma ibyo bariye bibayoboka ntibagire ukugwingira babitewe n’inzoka.

Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Nyagatare bari bitabiriye ubukangurambaga bwa Baho Neza

Muri aka karere ka Nyagatare kanatuwe n’abaturage benshi kurusha utundi turere bangana ni 466.944 ku buso bungana na kilometero kare 1.741, hagaragara indwara ya malaria, isuku nke, amazi mabi, indwara zifata mu myanya y’ubuhumekero, imirire mibi mu bana, n’ihohoterwa rikorewa abana n’abangavu nkuko byatangajwe n’ umuyobozi w’aka karere Mushabe David Claudia ariko ngo bafatanije n’izindi nzego barimo guhangana n’ibi bibazo.

Aka karere kakaba kamaze kugira amavuriro y’ibanze 53, hakaba hari na gahunda ko buri kagali kagomba kugira ivuriro.

 

 

FacebookWhatsAppTwittergoogle_plus

 

Sangiza abandi iyi nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Solve : *
16 − 3 =